• Languages
  • English
  • Francais
Rwanda Tribune
Ntabyabonetse
Reba Byose
14 °c
Kigali
21 ° Sat
21 ° Sun
21 ° Mon
20 ° Tue
Friday, February 26, 2021
  • AHABANZA
  • Politike
    • Ubutabera
  • Iyobokamana
  • Mu mahanga
  • Imyidagaduro
  • IMIKINO
  • Ubucukumbuzi
    • Amateka
  • TRIBUNETV
  • AHABANZA
  • Politike
    • Ubutabera
  • Iyobokamana
  • Mu mahanga
  • Imyidagaduro
  • IMIKINO
  • Ubucukumbuzi
    • Amateka
  • TRIBUNETV
Ntabyabonetse
Reba Byose
Rwanda Tribune
Ntabyabonetse
Reba Byose
Ahabanza Nyamukuru

Bimwe mu bibazo uruhuri bikomeje kwibazwa n’abigaga muri kaminuza ya KiM nyuma yo gufunga imiryango bitunguranye

Na dorcas
November 5, 2020
Muri Nyamukuru, Uburezi
7 0
0
Bimwe mu bibazo uruhuri bikomeje kwibazwa n’abigaga muri kaminuza ya KiM nyuma yo gufunga imiryango bitunguranye
5
Yasangijwe
99
Yasuwe
WhastappShare on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Kaminuza yigishaga ibyerekeranye n’icungamutungo, Kigali Institute of Management (KIM) itangarije ko ifunze imiryango, bamwe mu bayigagamo batangaje ko bari mu gihirahiro cyo kutamenya aho bazerekera n’uko bazishyurwa.

Kaminuza ya KIM imaze iminsi ivugwamo ibibazo by
Kaminuza ya KIM imaze iminsi ivugwamo ibibazo by’amikoro
Mu gihe izindi kaminuza zagiye zifungwa na Leta, KIM University yo yivugiye ko yabuze ubushobozi bwayifasha gukomeza kwigisha mu gihe amashuri arimo gusubukura imirimo, nyuma y’amezi arenga atandatu abanyeshuri bari mu rugo kubera kwirinda Covid-19.

KIM yasabye abayigagamo kuza gufata indangamanota(transcripts) zabahesha gushaka izindi kaminuza bakwigamo bitarenze tariki 20/11/2020, ndetse n’abarangije basabwa gutanga ibisabwa bitarenze tariki 16/11/2020 kugira ngo bazahabwe impamyabumenyi.

Hari abanyeshuri bigaga muri KIM bavuze ko batunguwe n’icyo cyemezo, bagasaba Leta kubafasha gushaka ibisubizo by’ibibazo byahise bivuka nyuma yo gufunga kw’ishuri ryabo.

Umwe mu baganiriye n’Ikigo cy’Itangazamakuru cya RBA yavuze ko guhagarara kwa KIM bitumye atazamenya aho arangiriza amasomo make yari asigaje bitamusabye gusubira inyuma, nk’uko biteganywa n’itegeko ry’Inama Nkuru ishinzwe kaminuza n’amashuri makuru.

Yagize ati “Nta buryo bwashyizweho bwo gukomeza kwiga amasomo abiri twari dusigaje kwiga hano kugira ngo turangize umwaka, duhangayikishijwe n’uko ahandi twajya kwiga byadusaba gusubira inyuma gutangira umwaka, bikadutwara andi mafaranga n’igihe”.

Uyu munyeshuri avuga ko mu masomo 22 biga mu mwaka wa gatatu bari bamaze kwigamo 20, kandi buri somo baritangaho amafaranga ibihumbi 33, none ngo agiye kongera kwishyura ahandi amasomo yari yarize ahereye mu mwaka wa kabiri.

Undi munyeshuri yavuze ko bafite ikibazo cy’amanota kuko ari yo ashingirwaho mu kujya kwiga ahandi, abarimu ngo barayafatiriye banga kuyatanga kubera ko bamaze igihe kinini badahembwa.

Aba banyeshuri ntibashira amakenga indangamanota ubuyobozi bwa KIM buzabaha, kuko na bwo amanota yo kuzuzuzaho bayahabwa n’abo barimu batigeze bahembwa.

Hari n’abandi banyeshuri bavuga ko bigiraga ku nguzanyo y’iyo Kaminuza, yari yarababwiye ko bazayishyura barangije kwiga, none yababwiye ko bazafata indangamanota ari uko bamaze kubanza kwishyura imyenda bari bayifitiye yose.

Baribaza aho bazavana ubwo bwishyu batari barateganyije bikabayobera, ndetse n’abishyuraga umwaka wose bibaza niba bazasubizwa amafaranga bari baratanze mbere.

Hari n’abarangije kwiga basabwa kuzuza ibisabwa kugira ngo bazahabwe impamyabumenyi ariko babanje gusubiramo amasomo bari baratsinzwe, baribaza uko bigiye kugenda bikabayobera.

Umwe mu barimu batashatse ko umwirondoro we ujya ahabona yabwiye BBC ko ibibazo by’ubukungu muri KIM atari ibya vuba n’ubwo iyi kaminuza itari yashyizwe ku rutonde rw’izigomba gufungwa, akavuga ko bimaze imyaka irenga itatu.

Imibare igaragaza ko iyo kaminuza yigagamo abarenga 1,500 mu mashami atandukanye.

Src. BBC

Inkuru Iheruka

Burundi: Imirambo ikomeje kugaragara mu nkengero z’umugezi wa Rusizi

Inkuru Ikurikira

Amwe mu magambo ,atangaje abayobozi batandukanye bagiye bizeza Umukuru w’Igihugu

Inkuru Ikurikira
Amwe mu magambo ,atangaje abayobozi batandukanye bagiye bizeza Umukuru w’Igihugu

Amwe mu magambo ,atangaje abayobozi batandukanye bagiye bizeza Umukuru w'Igihugu

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

  • Izijyezweho
  • Ibitekerezo
  • Iziheruka
Breaking news: Col Rugema Emmanuel wari Umuyobozi mukuru wa RUD URUNANA yishwe

Breaking news: Col Rugema Emmanuel wari Umuyobozi mukuru wa RUD URUNANA yishwe

October 23, 2020
Ubusesenguzi: Ninde ugiye kuyobora Intara y’Amajyaruguru?

Ubusesenguzi: Ninde ugiye kuyobora Intara y’Amajyaruguru?

June 1, 2020
Ubushakashatsi bwagaragaje ko Urumogi rufite ubushobozi bwo kuvura Covid-19 kurusha indi miti yose irimo kwifashishwa

Ubushakashatsi bwagaragaje ko Urumogi rufite ubushobozi bwo kuvura Covid-19 kurusha indi miti yose irimo kwifashishwa

December 16, 2020
Breaking News: Jenerali Nsengiyumva Secyugu Gabral wari ukuriye Operasiyo za Gisilikare muri FDLR yishwe

Breaking News: Jenerali Nsengiyumva Secyugu Gabral wari ukuriye Operasiyo za Gisilikare muri FDLR yishwe

October 24, 2020
Ingabire Marie Immaculee yateye utwatsi abamusaba kwiyamamariza kuyobora igihugu

Ingabire Marie Immaculee yateye utwatsi abamusaba kwiyamamariza kuyobora igihugu

5
Ubucukumbuzi:Ninde uzabazwa ubwicanyi busa na Jenoside buri gukorerwa abanyamulenge?

Ubucukumbuzi:Ninde uzabazwa ubwicanyi busa na Jenoside buri gukorerwa abanyamulenge?

4
Icyo Abahanga mu bya Bibiliya bavuga ku rupfu rwa Kizito Mihigo n’isomerwa Misa rye

Icyo Abahanga mu bya Bibiliya bavuga ku rupfu rwa Kizito Mihigo n’isomerwa Misa rye

4
Me. Ntaganda Bernard akomeje kwiyitirira ishyaka PS Imberakuri avuga ibyo ashatse k’u Rwanda

Me. Ntaganda Bernard akomeje kwiyitirira ishyaka PS Imberakuri avuga ibyo ashatse k’u Rwanda

3
DRC: Abahagarariye Ibihugu Byabo Ntibemerewe Kurenga Kinshasa Nta Ruhushya

DRC: Abahagarariye Ibihugu Byabo Ntibemerewe Kurenga Kinshasa Nta Ruhushya

February 25, 2021
Rwanda: Jean Claude Iyamuremye yanenzwe kwiregura ko ‘nyina ari umututsi’ bityo atishe abatutsi

Rwanda: Jean Claude Iyamuremye yanenzwe kwiregura ko ‘nyina ari umututsi’ bityo atishe abatutsi

February 25, 2021
RDC: Mu ntara 4 honyine habarurwa imitwe irenga 100 y’inyeshyamba, naho 8 niyo imaze gusenyuka muri 2019

RDC: Mu ntara 4 honyine habarurwa imitwe irenga 100 y’inyeshyamba, naho 8 niyo imaze gusenyuka muri 2019

February 25, 2021
RCA: Ingabo zirimo  iz’u Rwanda zafashe icumbi  rya François Bozizé uyobora CPC

RCA: Ingabo zirimo iz’u Rwanda zafashe icumbi rya François Bozizé uyobora CPC

February 25, 2021
Facebook Twitter

Aboturibo

Rwanda Tribune

Rwanda Tribune ni ikinyamakuru cyandikirwa i Kigali kigasohoka kuri murandasi. Intego y'iki kinyamakuru ni ukubagezaho amakuru y'ukuri nyakuri.

Contacts

Marketing: 0788663576
Editor: 0780341467
Management: 0788531713
Emails: info@rwandatribune.com

  • English
  • French
  • Tribune Tv
  • Amategeko agenga Ubwanditsi
  • Tuvugishe
  • Ubufasha

© 2020 Rwanda Tribune Developed by Codity.

  • AHABANZA
  • Politike
    • Ubutabera
  • Iyobokamana
  • Mu mahanga
  • Imyidagaduro
  • IMIKINO
  • Ubucukumbuzi
    • Amateka
  • TRIBUNETV

© 2020 Rwanda Tribune Developed by Codity.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms bellow to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist