• Languages
  • English
  • Francais
Rwanda Tribune
Ntabyabonetse
Reba Byose
20 °c
Kigali
20 ° Thu
19 ° Fri
20 ° Sat
18 ° Sun
Wednesday, March 3, 2021
  • AHABANZA
  • Politike
    • Ubutabera
  • Iyobokamana
  • Mu mahanga
  • Imyidagaduro
  • IMIKINO
  • Ubucukumbuzi
    • Amateka
  • TRIBUNETV
  • AHABANZA
  • Politike
    • Ubutabera
  • Iyobokamana
  • Mu mahanga
  • Imyidagaduro
  • IMIKINO
  • Ubucukumbuzi
    • Amateka
  • TRIBUNETV
Ntabyabonetse
Reba Byose
Rwanda Tribune
Ntabyabonetse
Reba Byose
Ahabanza Nyamukuru

Abunganira Dr Habumuremyi basabye Urukiko ko hakurikiranwa Kaminuza yayoboraga aho kuba we

Na dorcas
November 6, 2020
Muri Nyamukuru, ubutabera
1 0
0
Abunganira Dr Habumuremyi basabye Urukiko ko hakurikiranwa Kaminuza yayoboraga aho kuba we
1
Yasangijwe
10
Yasuwe
WhastappShare on FacebookShare on Twitter

Abunganizi ba Dr Habumuremyi Pierre Damien wigeze kuba Minisitiri w’Intebe, basabye urukiko ko umukiliya wabo yarekurwa ahubwo hagakurikiranwa kaminuza yayoboraga kuko ibyaha ashinjwa biri mu izina ryayo.

Uru rubanza ruri kuba hifashishijwe ikoranabuhanga, Habumuremyi ari muri gereza i Mageragere mu gihe Urukiko ruri i Nyamirambo

Umwe mu bunganizi ba Dr Habumurenyi yavuze ko uru rubanza rwagombaga kuregerwa Urukiko rw’ubucuruzi, ku buryo basanga Ubushinjacyaha bwaribeshye inzira.

Yavuze ko ubwo Habumuremyi yatangaga sheki, habayeho uburyo bwo kwemeranya kwishyurwa amafaranga yose, ariko haza kubaho ikibazo cyatumye Christian University ifungwa, ahari kuva ubwishyu harabura, bituma ya masezerano atubahirizwa.

Kugeza ubu ngo bibaza impamvu Habumuremyi yaba afunzwe azira ibintu bitari icyaha, kuko mu bahawe sheki harimo abahawe amafaranga nubwo atuzuye.

Undi mwunganizi yavuze ko mu gukurikirana umukiliya we, Ubushinjacyaha bwabyubakiye ku cyaha kimwe cy’uko yatanze sheki zitazigamiye, kandi ko mu mategeko y’u Rwanda sheki ikoreshwa gusa nk’uburyo bwo kwishyurana gusa, nyamara ngo siko babibona, kuko sheki ari n’uburyo bw’ingwate.

Yashingiye ku itegeko ryerekeye ubugwate ku mutungo wimukanwa ryo mu 2013, mu ngingo ivuga ko mu mutungo wimukanwa ushobora gushyirwa mu ngwate harimo umutungo ufatika n’udafatika, uriho ubu n’uzaboneka, harimo n’impapuro n’inyandiko mvunjwafaranga.

Yavuze ko yibaza icyaha Dr Habumuremyi yaba yarakoze atanga sheki nk’ingwate kuko amategeko yabimwemereraga.

Yavuze ko nta bushake bwo gukora icyaha yagize, kuko yatanze sheki ari nk’ingwate kandi amategeko yabimwemereraga.

Yanagarutse ku gukurikirana Habumuremyi muri uru rubanza, nyamara ngo mu mategeko y’imyishyuranire, biteganywa ko amasosiyete aryozwa mu izina ryayo ibyaha byakozwe n’ababihagarariye.

Yavuze ko muri iyi dosiye niba Habumuremyi nka Perezida w’inama y’Ubutegetsi yateguraga amasezerano yo kwishyurana mu byiciro mu izina rya Christian University, bitumvikana uburyo kuva mu rukiko rwa mbere Kaminuza yo itigeze ibazwa, ahubwo Habumuremyi yabiburanye ku giti cye, Kaminuza ikazanwamo bigeze mu rubanza.

Yavuze ko byakabaye ari icyaha cya Kaminuza, wenda we akaba yabazwa nk’icyitso mu cyaha cyangwa ubufatanyacyaha, ariko icyaha kikaregwa Kaminuza. Icyo gihe ngo Ubushinjacyaha bwatanga ibimenyetso ku byaha baba bamurega.

Icya gatatu yavuze ko ubu imitungo ya Habumuremyi yose yafatiriwe harimo n’amakonti, kandi itegeko rivuga ko ukurikiranyweho icyaha, imitungo ye ishobora gufatirwa iyo ishobora kunyagwa, ishobora kuba ikimenyetso kimushinja cyangwa ari ikimenyetso kirengera ushinjwa.

Nyamara ngo muri dosiye ya Habumuremyi, ntabwo inzu atuyemo ifite aho ihuriye n’imitungo ya Kaminuza, cyangwa ngo ibe ifite aho ihuriye no kumugira umwere, ahubwo ngo bigamije kumunyaga, nyamara ngo kunyaga imitungo yose y’umuturage ntibishoboka.

Ku bijyanye n’icyaha cy’ubuhemu, uwunganira Habumuremyi yavuze ko nta cyaha yakoze kuko hari uwo bagiranye amasezerano ariko ntiyishyurwe uko bumvikanye, gusa ko yagendaga amwishyura make, kandi mu itegeko hateganywa ko impaka zikomoka ku masezerano zikemurwa n’urukiko rw’ubucuruzi.

Iburanisha rirakomeje…..

Dukuze Dorcas

Inkuru Iheruka

Gatari wamenyekanye muri City Maid, yatangiye gusohora filime ye y’uruhererekane

Inkuru Ikurikira

Zari yasubiye muri Tanzania kureba Diamond

Inkuru Ikurikira
Zari yasubiye muri Tanzania kureba Diamond

Zari yasubiye muri Tanzania kureba Diamond

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

  • Izijyezweho
  • Ibitekerezo
  • Iziheruka
Breaking news: Col Rugema Emmanuel wari Umuyobozi mukuru wa RUD URUNANA yishwe

Breaking news: Col Rugema Emmanuel wari Umuyobozi mukuru wa RUD URUNANA yishwe

October 23, 2020
Ubusesenguzi: Ninde ugiye kuyobora Intara y’Amajyaruguru?

Ubusesenguzi: Ninde ugiye kuyobora Intara y’Amajyaruguru?

June 1, 2020
Ubushakashatsi bwagaragaje ko Urumogi rufite ubushobozi bwo kuvura Covid-19 kurusha indi miti yose irimo kwifashishwa

Ubushakashatsi bwagaragaje ko Urumogi rufite ubushobozi bwo kuvura Covid-19 kurusha indi miti yose irimo kwifashishwa

December 16, 2020
Breaking News: Jenerali Nsengiyumva Secyugu Gabral wari ukuriye Operasiyo za Gisilikare muri FDLR yishwe

Breaking News: Jenerali Nsengiyumva Secyugu Gabral wari ukuriye Operasiyo za Gisilikare muri FDLR yishwe

October 24, 2020
Ingabire Marie Immaculee yateye utwatsi abamusaba kwiyamamariza kuyobora igihugu

Ingabire Marie Immaculee yateye utwatsi abamusaba kwiyamamariza kuyobora igihugu

5
Ubucukumbuzi:Ninde uzabazwa ubwicanyi busa na Jenoside buri gukorerwa abanyamulenge?

Ubucukumbuzi:Ninde uzabazwa ubwicanyi busa na Jenoside buri gukorerwa abanyamulenge?

4
Icyo Abahanga mu bya Bibiliya bavuga ku rupfu rwa Kizito Mihigo n’isomerwa Misa rye

Icyo Abahanga mu bya Bibiliya bavuga ku rupfu rwa Kizito Mihigo n’isomerwa Misa rye

4
Me. Ntaganda Bernard akomeje kwiyitirira ishyaka PS Imberakuri avuga ibyo ashatse k’u Rwanda

Me. Ntaganda Bernard akomeje kwiyitirira ishyaka PS Imberakuri avuga ibyo ashatse k’u Rwanda

3
Tanzania: Kilziya Gatolika irashinja Leta kwirengagiza Covid-19 imaze kuyitwara Abihayimana 85

Tanzania: Kilziya Gatolika irashinja Leta kwirengagiza Covid-19 imaze kuyitwara Abihayimana 85

March 3, 2021
Ipfunwe rya Jean Marie Vianney Ndagijimana ritumye agana inkiko mu mahugu!

Ipfunwe rya Jean Marie Vianney Ndagijimana ritumye agana inkiko mu mahugu!

March 3, 2021
Guhera kuwa Gatanu inkingo zageze mu Rwanda ziratangira gutangwa

Guhera kuwa Gatanu inkingo zageze mu Rwanda ziratangira gutangwa

March 3, 2021
Kwishyura  abakozi badakora, kimwe mu byateje ibihombo abakoresha muri Covid -19

Kwishyura abakozi badakora, kimwe mu byateje ibihombo abakoresha muri Covid -19

March 3, 2021
Facebook Twitter

Aboturibo

Rwanda Tribune

Rwanda Tribune ni ikinyamakuru cyandikirwa i Kigali kigasohoka kuri murandasi. Intego y'iki kinyamakuru ni ukubagezaho amakuru y'ukuri nyakuri.

Contacts

Marketing: 0788663576
Editor: 0780341467
Management: 0788531713
Emails: info@rwandatribune.com

  • English
  • French
  • Tribune Tv
  • Amategeko agenga Ubwanditsi
  • Tuvugishe
  • Ubufasha

© 2020 Rwanda Tribune Developed by Codity.

  • AHABANZA
  • Politike
    • Ubutabera
  • Iyobokamana
  • Mu mahanga
  • Imyidagaduro
  • IMIKINO
  • Ubucukumbuzi
    • Amateka
  • TRIBUNETV

© 2020 Rwanda Tribune Developed by Codity.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Create New Account!

Fill the forms bellow to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist